Bageze i Mukiza kwa Kimenyi, bamutumaho ko bazanye umuntu wo kurwana na Nzikoga.
Kimenyi arabakira, barazimanirwa, baracumbikirwa, bati: "Ejo ku gasusuruko niho umuntu
wanyu azahura n'uwacu. Bukeye Abarundi barikora no kwa Kimenyi baravunyisha, bati:
"Turaje!" Kimenyi ashaka abaherekeza Nzikoga ajya guhura na Rushangi. Abarundi baratangira
baramuririmba, Abanyagisaka nabo baririmba Nzikoga; abarwanyi bombi barasakirana.
Umurundi ashyiramo umwambi arafora ararekera, ahamya Nzikoga mu bibero byombi
aramujisha; ati: "Nkujishe Runigisha amasereli amasinde akarara, ingumba y'ingwe barasa
umugenda!" Ubwo Nzikoga akubita ibipfukamiro hasi, ariko yashyizemo umwambi; na we
ararekera, awuhamya Rushangi mu mbavu yikubita hasi. Abanyagisaka barinikiza batega
urushara; baterura Nzikoga bajya kumwomora. Abarundi nabo baterura uwabo barikubura
barataha.
Nuko Nzikoga baramwomora arakira. Amaze gukira arongera arishegesha kwa kundi kwe.
Noneho Kimenyi yohereza intumwa ya gatatu mu Rwanda, ati: "Ugende umbwirire Cyilima, uti:
Ngo yarabyirutse Nzikoga ya Bikinga, intwali yabuze urugero, abyiruka ari umuhanga mu
mirimo ya gitore; none yihaye igitinyiro mu mvugo y'imihayo, ngo:
"I Gisaka n'u Bujinja mbikira umugabo;
U Rwanda n'u Burundi mbikira ubugabo;
Nta mugabo umwe wandinda, keretse Cyilima na Kimenyi basa; na bwo ariko uwampa
umutambya wishimye umurego n'umwambi umwe rukumbi, nakwaka u Rwanda ingabo!"
Uti: "Kandi yamutegeje intwali z'i Gisaka arazitsemba, atumije iz'i Bujinja n'iz'i Burundi
arazinumanuma; none aragusaba umuntu w'intwali wamumukurira ku izima!"
Intumwa iragenda isohoza ubutumwa. Cyilima ateranya imitwe y'ingabo yose, atereka inzoga
y'imihigo. Bamaze guterana abatekerereza uko Kimenyi yamutumyeho; ati: "None nimutoranye
umuntu uzajya kurwana n'iyo nkaka y'i Gisaka". Imitwe irahakana, bati: "Nta muntu umwe wava
aha ngo agiye kurwana n'iryo shyano ryamaze abantu!" Bati: "Ahubwo duteze i Gisaka turwane,
maze uwo bazahurira ku rugamba azabe ari we barwana wenda bahwane!" Bavuze batyo,
Cyilima ararakara, bose abirukana mu nzu asigara wenyine, ndetse n'abaje kurarira arabirukana,
hasigara abo mu rugo gusa; abandi bose bacika ibwami, ya nzoga iguma aho mu kirambi
yarabuze kinywa.