Uyu mugani baca ngo: "Yaruhiye gaheshyi", wakomotse kuri Gaheshyi ka Rubyagira wo mu
Bumbogo (Kigali) ; ahasaga umwaka w'i 1600. Bawuca iyo babonye umuntu uvunikira ibintu
ariko akarenga ntabibone, cyangwa yakora umurimo ugaragara ntagire icyo awungukaho, ni bwo
bavuga bati: "Yaruhiye gaheshyi!"
Gaheshyi amaze kuba ingaragu se yagiye kumusohoza kuri Gisanura, amugejejeyo aba umutoni,
bamugira umutegeka w'abozi, bamugabira n'umusozi wa Ruganda ho mu Bumbogo bwa Huro
(Kigali). Ni we musekuruza w'abozi: abo kwa Lyaba mu Kalibulyo ka Gihinga n'abo kwa Ngabo
ku Murehe (muri Komini Taba).
Gaheshyi rero yamaze kugabana Ruganda akubitiyeho n'uwo mukiro w'amata yo mu bozi,
arakira bimwe byibagiza gukinga. Abozi na bo babonye ko batagifite kigenzura, baterera agati
mu ryinyo; batereka amata uko babonye; aba mabi ahinduka ibikeremanya (ibidobogo birimo
impigi) arananirana. Gisanura amaze kubirambirwa, atumiza Gaheshyi ngo amubaze ikibimutera.
Inshuti ze zirabimenya; zijya kumuburira zimutonganya. Zimaze kumuburira agira ubwoba
acikira i Burundi. Arahakeza, ababwira n'umuhango we w'ubwozi. I Burundi barishima cyane,
kuko babonye umunyarwanda ucitse abagana. Baramutonesha bamugira umunyanzoga z'ibwami.
Umukambwe we Rubyagira amaze kumenya ko Gaheshyi yageze i Burundi, akahatona,
arahaguruka amukurikirayo. Agezeyo asanga Gaheshyi ari akadasohoka ibwami. Gaheshyi
abonye se amusohoza i bwami ati: "Uyu ni data!" I bwami baranezerwa; bagabira Rubyagira
inkiko iteganye n'u Bugesera.