Insigamigani

Yanyoye nzobya

Page 1 of 2

Uyu mugani baca ngo: "Yanyoye nzobya" wakomotse ku muntu witwaga Nzobya w'i Ngarurira

mu Buyenzi; yari umutoni wa Mibambwe Sentabyo, ahasaga umwaka wa 800. Bawuca iyo

babonye umuntu wanyoye agasinda cyane, bimwe bavuga ngo: "Yabaye Sabizeze"

Uwo mugabo Nzobya rero, yabaye umutoni w'akadasohoka kwa Mibambwe Sentabyo; bukeye

Mibambwe afatwa n'ubushita buramwica, agwa i Remera rya Rukoma na Ngamba (Taba,

Gitarama). Amaze gupfa umuhungu we Gahindiro umuzunguye, yangana na ba sewabo, abo

bitaga ibigina bya Ndabarasa Semugaza wari umutware w'umutwe w'ingabo zitwaga Urukatsa,

afatanya na Nzobya banesha ibigina. Hanyuma ariko Nyiratunga, nyina wa Gahindiro, yanga

Semugaza, bituma acikana n'Urukatsa bajya mu Ndorwa. Nzobya asigara mu Rwanda. Hanyuma

aho Gahindiro amariye gutoneshereza Rugaju rwa Mutimbo, amugabiye akatsi ko haruguru

y'inzira no hepfo yayo, Nzobya asubira inyuma ntibamurebe neza. Bigeze aho arasezera ajya iwe

mu Buyenzi, ku musozi witwa Ngarulira. Amazeyo iminsi, abantu b'amacuti ye baza kumubwira

ko ibintu bimumereye nabi ibwami.

Nzobya ariyumvira, ati: "Uruzi Semugaza ngo acike ansige mu Rwanda!" Ahera ko akoresha

amakoro yo gutura Gahindiro i Rubona rwa Gihara muri Komini Runda (Gitarama). Ahaguruka

iwe i Ngarulira ataha mu i Ceni ku Bisi bya Huye; mu gitondo arahava ataha i Mayunzwe mu

Nduga (Tambwe, Gitarama); bukeye ataha i Gihinga na Ruzege mu nsi ya Kamonyi (muri

Komini Taba). Ahageze araza inkera, arasinda n'abagaragu be, inzoga imaze kumusaga abwira

abagaragu be, ati: "Ubonye ngo databuja Mibambwe ansige mu gihugu none mbe nsigaye

inyuma ya Rugaju; mbese mwene databuja Semugaza we gucika akansiga mu Rwanda nabitewe

n'iki?" Ati: "Ubu ndagiye nsange databuja Mibambwe ku musezero i Rutare, ningera ku mva ye

niyahure mpwane na we!" Ubwo ayo yose yayavugishwaga n'inzoga!

Nuko abagaragu be baramuhana arabananira, ateshwa inzira ijya i Rubona kwa Gahindiro,

aboneza iy'epfo ku Kavuza n'Uruyenzi, yambuka Nyabarongo ataha i Kinyinya mu

Bwanacyambwe (muri Komini Rubungo). Amaze kuhagera, na none araza inkera. Isindwe

riramudanangira akomeza ya migabo ye yo kwiyabura ntiyagaruka. Ibwami bamenya ko acitse

nka Semugaza, bohereza ingabo zo kumutangira ngo zimufate. Nzobya amaze kubyumva

arahaguruka ngo acikane n'ingabo ze nka Semugaza. Ariko abantu babonye ko babungerezwa

n'umusinzi, bamwegukaho basubira i Gihara kwa Gahindiro barayoboka.

Page 1 of 2
Created by:
Published: December 03, 2025
Share: