Uyu mugani baca ngo: "Yanyoye nzobya" wakomotse ku muntu witwaga Nzobya w'i Ngarurira
mu Buyenzi; yari umutoni wa Mibambwe Sentabyo, ahasaga umwaka wa 800. Bawuca iyo
babonye umuntu wanyoye agasinda cyane, bimwe bavuga ngo: "Yabaye Sabizeze"
Uwo mugabo Nzobya rero, yabaye umutoni w'akadasohoka kwa Mibambwe Sentabyo; bukeye
Mibambwe afatwa n'ubushita buramwica, agwa i Remera rya Rukoma na Ngamba (Taba,
Gitarama). Amaze gupfa umuhungu we Gahindiro umuzunguye, yangana na ba sewabo, abo
bitaga ibigina bya Ndabarasa Semugaza wari umutware w'umutwe w'ingabo zitwaga Urukatsa,
afatanya na Nzobya banesha ibigina. Hanyuma ariko Nyiratunga, nyina wa Gahindiro, yanga
Semugaza, bituma acikana n'Urukatsa bajya mu Ndorwa. Nzobya asigara mu Rwanda. Hanyuma
aho Gahindiro amariye gutoneshereza Rugaju rwa Mutimbo, amugabiye akatsi ko haruguru
y'inzira no hepfo yayo, Nzobya asubira inyuma ntibamurebe neza. Bigeze aho arasezera ajya iwe
mu Buyenzi, ku musozi witwa Ngarulira. Amazeyo iminsi, abantu b'amacuti ye baza kumubwira
ko ibintu bimumereye nabi ibwami.
Nzobya ariyumvira, ati: "Uruzi Semugaza ngo acike ansige mu Rwanda!" Ahera ko akoresha
amakoro yo gutura Gahindiro i Rubona rwa Gihara muri Komini Runda (Gitarama). Ahaguruka
iwe i Ngarulira ataha mu i Ceni ku Bisi bya Huye; mu gitondo arahava ataha i Mayunzwe mu
Nduga (Tambwe, Gitarama); bukeye ataha i Gihinga na Ruzege mu nsi ya Kamonyi (muri
Komini Taba). Ahageze araza inkera, arasinda n'abagaragu be, inzoga imaze kumusaga abwira
abagaragu be, ati: "Ubonye ngo databuja Mibambwe ansige mu gihugu none mbe nsigaye
inyuma ya Rugaju; mbese mwene databuja Semugaza we gucika akansiga mu Rwanda nabitewe
n'iki?" Ati: "Ubu ndagiye nsange databuja Mibambwe ku musezero i Rutare, ningera ku mva ye
niyahure mpwane na we!" Ubwo ayo yose yayavugishwaga n'inzoga!
Nuko abagaragu be baramuhana arabananira, ateshwa inzira ijya i Rubona kwa Gahindiro,
aboneza iy'epfo ku Kavuza n'Uruyenzi, yambuka Nyabarongo ataha i Kinyinya mu
Bwanacyambwe (muri Komini Rubungo). Amaze kuhagera, na none araza inkera. Isindwe
riramudanangira akomeza ya migabo ye yo kwiyabura ntiyagaruka. Ibwami bamenya ko acitse
nka Semugaza, bohereza ingabo zo kumutangira ngo zimufate. Nzobya amaze kubyumva
arahaguruka ngo acikane n'ingabo ze nka Semugaza. Ariko abantu babonye ko babungerezwa
n'umusinzi, bamwegukaho basubira i Gihara kwa Gahindiro barayoboka.