Insigamigani

Yatuye nyankwarara

Page 1 of 3

Uyu mugani baca ngo: "Yatuye nyankwarara", bawuca iyo babonye umuntu ukitse (wikijije)

ingorane z'umulimo wari uteye inkeke; ni bwo bagira, bati: "Nimumureke abanze aruhuke ature

nyankwarara!" Wakomotse ku mugabo Rugira wo mu Muranzi (Byumba); ahayinga umwaka w'i

1500.

Uwo muntu Nyankwarara, izina rye rya buhangwa yitwaga Rugira; na ho irya Nyankwarara

yarikuye ku bukogoto; kavukire ke hari mu Muranzi wa Byumba. Abo muri iyo mpugu, inkwaya

(umuheto) bayitaga inkwarara. Bamaze kubona ko Rugira ari umukogoto cyane mu muheto, ari

wo inkwaya cyangwa inkwarara, ni bwo bamuhimbye irya Nyankwarara. Ubwo hari ku ngoma

ya Ndahiro Cyamatare; icyo gihugu agitwalirwa na Minyaruko ya Nyamikenke w'umugisi wo mu bashara; aba bacirwa umuhango w'ubuvubyi bw'imvura.

Nuko Ndahiro amaze gupfa; icyo gihugu cya Rukiga cyigarurirwa n'umugabo waho witwaga

Gafurafura; nyuma na we bamuhimbye irya Nkandagirumugenzi, bakurije ku iteka aciye; agira,

ati: "Umuntu wese muzabona aje guhaha ino mujye mumwambura ariko nabagurira mumureke

agende, keretse uzaba aje aturutse mu karere k'u Buganza: uwo we ndetse mujye mumugirira

bimwe bya mfura mbi !"

Page 1 of 3
Created by:
Published: December 03, 2025
Share: