Insigamigani

Yashinze muganika

Page 1 of 2

Uyu mugani baca bavuga ngo: "Yashinze Muganika", bawuca iyo babonye umuntu ushingaraye

nk'uwabuze amajyo; nibwo bagira bati: "Naka yashinze muganika" Wakomotse ku muja wa

Bwiza bwa Mashira witwaga Muganika; ahasaga umwaka w'i 1400.

Ubwo hari ku ngoma ya Mibambwe Sekarongoro; umuhungu we witwa Gahindiro, ahirimbanira

kurongora Bwiza bwa Mashira ya Nkuba ya Sabugabo w'Umubanda, watwaraga i Nduga ngali

ya Gisali na Kibanda. Yamuhirimbaniraga amurwanira na Rugayi rwa Buzi umurundi, hanyuma

Rugayi aba ari we umurongora; ariko Gahindiro yanga kunyurwa, agumya guhirimbana ngo

azamubone. Ni bwo bamuhetse ajya kwa Rugayi yiyita muramu we w'umugore ugiye gusura

murumuna we; agarukana Bwiza burundu.

Gahindiro rero ageze kwa Rugayi akajya aguma ku buriri abana na Bwiza; yajya mu gikari

bakajyana bitwikiriye kigore, ariko umuja wo kwa Rugayi yitegereza Gahindiro agasanga ari

umugabo mu bandi; bituma abwira shebuja, ati: "Uriya mushyitsi witwa muramu wawe

w'umugore ubanza atari we; ati: Jyewe ndamukeka amababa; afite amaboko nk'ayafoye umuheto

n'imirundi nk'iyirutse" Rugayi ntiyabyitaho abona ko ari uburondogozi bw'abakecuru; ahubwo

asaba Bwiza kumuhendahendera muramu we ngo baryamane. Bwiza asubiza umugabo ko undi

ari mu mirimo y'abakobwa; na ho ubwo aracura inama yo kuzajyana na Gahindiro; ati:

"Muzaryamana nyuma y'iminsi ibiri amaze gukira."

Rugayi amaze kumva ko muramu we arwaye kandi ko asigaje iminsi ibiri agakira, ashaka uburyo

bwo kuba yihuzenza muri iyo minsi; abwira abahigi be kwambikira umuhigo w'iminsi ibiri.

Abahigi bajya gukora impamba; bucya bambika bajya guhiga. Rugayi asiga abwiye Bwiza ko

azamara iminsi ibiri mu muhigo akabona kugaruka. Ashyira nzira n'abahigi be, agitirimuka aho,

Bwiza yikaka mu ngobyi yaje ihetse Gahindiro; bamucikisha ubwo aza mu Rwanda; azana

n'umukobwa w'umuja we witwaga Muganika, akaba mwene wabo wa Rugayi; ariko we akagira

ngo ni ukuzinduka, ntiyamenya ko agiye burundu.

Bamaze gutirimuka, inkuru igera kuri Rugayi mu muhigo; bati: "Bwiza yagiye na wa mushyitsi

we" Rugayi araza akubita mu gihigi, Gahindiro na Bwiza bogoroye; bajyana mu rugo rw'i

Bumbogo bwa Gutamba muri Kigoma (Gitarama) bibanirayo. Bukeye Muganika abaza nyirabuja

ati: "Mbese harya tuzataha ryari?" Bwiza ati: "Ntibaradusezerera." Byamara iminsi Muganika

akongera kubaza igihe bazatahira; nyirabuja akamubwira kwa kundi. Bukeye yongeye

kumubaza, Bwiza, ati: "Ntukanshingeho wa gakobwa we! Ntaho tuzajya narahukanye kandi ndi

ku mugabo." Muganika arumirwa, arababara yirirwa yigunze; icyo bamuhaye gufungura

kikamuva ku nzoka, kikamunanira.

Page 1 of 2
Created by:
Published: December 03, 2025
Share: