Insigamigani

Yagiye burundu

Page 1 of 5

Uyu mugani, bawuca iyo babonye ikigiye mahera cyose bakaziguruka; ni ho bavuga ngo:

"Cyagiye burundu!" Wakomotse kuri Burundu; ahasaga umwaka w'i 1400.

Burundu yari umutwa Gahindiro ka Mibambwe Sekarongoro yajyaga atuma ku mugore wa

Rugayi rwa Buzi i Burundi, witwaga Bwiza bwa Mashira budashira irorwa n'irongorwa

umubanda w'i Nduga ngari ya Gisali na Kibanda. Gahindiro uwo Semutakirwa, ni we bitiriye

Gahindiro Yuhi rya Mibambwe Sentabyo. Na we bwiza bwa Mashira uwo, yari yararongowe na

Rugayi rwa Buzi, umutware w'igikomangoma mu Burundi, ariko yasabwe asanzwe ari incuti

y'amagara ya Gahindiro ka Mibambwe. Rugayi amaze kurongora Bwiza rero, Gahindiro

yohereza umutwa we Burundu i Burundi ati: "Ugende ukeza Rugayi, umuhakweho, ujye

umusetsa; maze numara kubona ubuhake, uzampere Bwiza izi ntashyo." Umutwa araboneza ajya

gukeza Rugayi. Agezeyo baramwakira. Bamubajije aho aturuka, ati : "Ndaturuka i Rwanda"

Rugayi, ati: "Ese wari uhatswe na nde?" Burundu, ati: "Nari mpatswe na Semutakirwa, hanyuma

bambwira ko uhaka neza kandi ngo ukagira n'ibirunge byinshi, ni ko kumwimura ndakwisangira.

Abagaragu ba Rugayi bumvise amagambo ya Burundu baraseka. Burundu yumvise ko

bamuneguye bishima, noneho arushaho guhimbarwa, arakomeza arabasetsa. Atangira kubiganira

uko impyisi ijya mu kiraro kurya inyana, agendesha amaboko n'amaguru bunyamaswa, babibona

bakiyamirira banezerewe.

Nuko Burundu agenda akambakamba no mu nzu kwa Rugayi aho Bwiza ari, Bwiza abonye

atungutse mu nzu kandi yahoze amurungurukira mu nzugi, arishima araseka cyane. Burundu

amuhereza intoki, ati: "Uraho nyakugira Imana?" Bwiza akubita agatwenge. Burundu asubura ku

irembo aho Rugayi ari n'abagaragu be. Ariko asubirayo ntacyo abwiye Bwiza, ashaka kubanza

kwimenyereza bose. Haciyeho nk'ukwezi, aba amaze kumenyerana na bose, ngo si ukubasetsa

akora iyo bwabaga; ariko ari amaco yo kuzabona uko avugana na Bwiza.

Page 1 of 5
Created by:
Published: December 03, 2025
Share: