Insigamigani

Yafatiwe mu maguru mashya

Uyu mugani bawuca iyo babonye umuntu ufashwe rugikubita, bidateye kabiri; ni bwo bavuga;

ngo yafatiwe mu maguru mashya. Wakomotse ku nshuti ebyiri: imwe yari ituye i Bulinga

inyuma ya Ndiza, indi ituye mu Gitoki ku Ndiza.

Aba bagabo bombi ngo babanye bakiri bato, bakurira muri uwo mubano wabo; aho ngo n'ingano

n'indeshyo bikaba mahwi. Hanyuma bombi barashaka, ariko ntibaremya. Bamaze kunanirwa

n'urushako; bigira inama yo kureka abagore; bati: "Abagore baratunaniye, none ibyiza ni uko

twareka gushaka." Inama barayinoza; bombi bareka gushaka bigumira mu ngo zabo. Baratunga

ubukungu buraniha.

Haciyeho iminsi umunyabulinga agenderera umunyagitoki. Agezeyo asanga yahishije inzoga.

Baratangira baranywa baranezerwa barara inkera. Mu gitondo wa munyabulinga abwira

umunyagitoki, ati:"Ndagusaba ko dusubira mu nama twagiye kera; kandi niba utakiyibuka

nyigusubiriremo." Uwo mu gitoki, ati: "Ngaho" Uw'i Bulinga, ati: "Kutagira umugore

byandambiye: kwitekera no kwivomera byananiye, kandi ndeba nkiri muto, none ngiye

gushaka." Umunyagitoki, ati: "Jye wabonye ibintu ngasubira ibindi, uretse no kumushaka n'uwo

duhuriye mu nzira asigaye antera isesemi!" Umunyabulinga, ati: "Ni aho rero ntuzagire ngo

nkwiciye amasezerano; jyewe ngiye kwishakira!"

Nuko barangije inama yabo birirwa aho, mu kindi gitondo umunyabulinga arasezera.

Umunyagitoki aramuherekeza. Bageze mu nzira, uw' i Bulinga abwira uwo mu Gitoki, ati:

"Erega burya nasize narasabye, ahubwo nari naje kubikumenyesha; hasigaye kugutumaho

ukantahira ubukwe." Basezeranaho, umwe ajya iwabo, undi asubira iwabo. Haciyeho iminsi,

uw'i Bulinga aratebutsa. Bamubwira umunsi bazamushyingiriraho. Atuma kuri mugenzi we wo

mu Gitoki ngo yitegure. Igihe kigeze arikora ataha ubukwe i Bulinga. Ubukwe burataha

barashyingira, mu gitondo abakwe barasezererwa barataha. Bamaze gutaha wa munyagitoki

yirwaza rutenga aguma i Bulinga; mbese asa n'utahira, ntiyatirimuka ku mugeni. Ubwiza bw'uwo

mugeni bumwibagiza amasezerano yavuganye na mugenzi we. Bigeze aho wa munyabulinga

ajya gushora inka ku ibuga; rikaba hafi y'urugo.

Nuko atirimutse aho, umunyagitoki yegera umugeni, aramuhendahenda ngo baryamane.

Umugeni abanza kumwangira biratinda. Umugabo amaze kumugondoza, aramwemerera; ariko

yemera umugabo we ageze hafi y'urugo amaze kuhira inka. Bakimara kuryama, nyir'urugo

abagwa gitumo, yitegereza mugenzi we, abuze uko yamugira, aramubwira, ati: "Mbe shahu ko

mbafatiye mu maguru mashya!" Amubwira atyo kuko bwari ubwa mbere uwo mugeni atangira

gusambanira muri urwo rugo; nta wundi wigeze kumusambanya amaze kurongorwa.

Gufatirwa mu maguru mashya = Gufatwa rugikubita

Created by:
Published: December 03, 2025
Share: