Nuko Mutabaruka n'umuhungu barakira baratunganirwa. Ariko muri ubwo bukire bwabo, wa
mwuga wa Mutabaruka w'ubugenza ntiyawuteshukaho; agashaka abantu bakamugurira intama
bakazijyana i Buberuka bakazigura amasuka, bakayazana bakayagura ibimasa n'amagumba;
bityo bityo... umwuga uba umwuga, mbese Mutabaruka arunguka cyane biravugwa. Umunsi
umwe rero, dore ko Rugaju ubutoni bwe kuri Gahindiro bwari bwaramurenze yarahindutse
umudabagizi, yumva abantu bari kumuharuro baganira ibyerekeye ubutunzi; bavuga ngo:
"Umuntu ugiye kuba umutunzi muzima ni Mutabaruka; agura intama akohereza i Buberuka,
bazigezayo bakazigura amasuka, bamara kuyamumurikira akayagura ibimasa n'amagumba
agahindukira bimwe akabigwatiriza ibindi akabigurana inka!"
Rugaju amaze kurita mu gutwi akeka ko banegura Mutabaruka kandi ari uw'iwabo. Ahamagaza
umuntu wo gutuma kuri Rwasine ngo aze amwitabe; icyo gihe ntiyari ahari. Umuntu amugezeho,
Rugaju ati: "Hutera ujye kwa Rwasine umubwire muzane ntumusige; ahubwo na we uhameyo."
Intumwa iragenda isohoza ubutumwa; isobanurira Rwasine ko yamwihanangirije ngo bagombe
bazane. Bahera ko bashyira nzira ikitaraganya no kwa Rugaju. Abaza Rwasine, ati: "Harya sha!
so ngo ni umugenza?" Undi abura icyo avuga arajumarirwa. Rugaju akebuka abatwa bari aho
arababwira, ati: "Nimujye kwa Mutabaruka mumusake amasuka n'intama afite; ibyo musangayo
byose mubyijyanire." Ubwo yamwangagaho iryo zina ry'ubugenza kandi yaramukijije.
Nuko abatwa barikora baragenda, batuma no kuri bene wabo bandi ngo babatize umurindi kuko
bari bake. Impini irashyiguka no kwa Mutabaruka; urugo bararusaka; amasuka barasahura,
amatama barayobora. Ariko inka ntibazikoraho kuko Rwasine yari umutoni wa Rugaju cyane.
Mutabaruka rero anyagwa atyo, abura intama ze n'ibyuma (amasuka).
Aho ni ho hakomotse umugani baca kenshi iyo babonye umuntu wabuze byose bati: "Naka
yabuze intama n'ibyuma!" Ni ukuvuga ko yabuze ibyo munzu n'ibyo hanze nka Mutabaruka.
Kubura intama n'ibyuma = kubura epfo na ruguru