Uyu mugani bawuca iyo babonye cyangwa bumvise umuntu wagushije ishyano ry'amaherere ni
bwo bavuga ngo: "Naka yabonye irya Mugani!" Wakomotse kuri Mugani mu Gacurabwenge
Rukoma (Gitarama) ahayinga umwaka w'i 1700.
Mugani yari umugaragu wa Kaza ka Nyabuseli, akaba umuhigi we, ku ngoma ya Mibambwe
Gisanura. Kaza na we yari umutware wa Mibambwe. Uwo mugabo Mugani yari afite imbwa za
Kaza yahigishaga, zirimo imbwa y'intozo yitwa Rurabwe. Nuko bukeye shebuja Kaza na bagenzi
be barimo Kogoto, Mpaka na Mpombo, Rugalyi na Mugarura, bajya i Bumbogo kwa Gisanura.
Bagezeyo barara inkera barahiga; bamuhiga ko bamurusha inka. Iyo mihigo ibabera icyaha cyo
kubatanga. Ariko Gisanura si we wabiyiciye; baje kwicwa n'umuhungu we Mazimpaka
yarabirazwe na se, igihe cy'imihigo. Ni bwo yaberetse Mazimpaka azimirijemo, ntiyamubereka
ku mugaragaro, ahubwo amubereka yikingiye ikimasa, ati: "Ngarurira iriya mana uyinyerekeze!"
Naho ubwo ni Mazimpaka yavugaga. Abahungu b'i Nduga bamaze kuyibona ati: "Iriya mfizi
nimara gukura izacumita iya Mpaka n'iya Mpombo, n'iya Kaza ka Nyabuseli i Gisitwe, n'iya
Kogoto i Nyakibungo, n'iya Rugalyi rwa Bwacya i Buhanga.
Igihe kigeze rero Mazimpaka yambuka Nyabarongo atura ku Ijuru rya Kamonyi. Gisanura
amwereka rubanda ko ari we mwami wabo. Biba aho bishyira kera; bigeza ubwo Mazimpaka
ashoje umurage wa se. Atanze Mpaka na Mpombo na Kaza ka Nyabuseli, na Kogoto i
Nyakibungo, na Rugalyi rwa Bwacya i Buhanga. Uwo mutware wa Gisanura witwaga Kagoto ni
we ukivugwa mu Rwanda, iyo babonye umuntu utwara nabi, bati: "Aradutwara aka Kogoto."
Nuko bamaze gutangwa n'imiryango yabo, ibintu byabo bigabanwa n'abandi Mazimpaka
abihaye. Wa mugabo Mugani w'umuhigi wa Kaza aguma i Gisitwe n'imbwa za Kaza. Ya mbwa
ya Kaza Rurabwe ngo yakundaga shebuja na we akayikunda cyane. Amaze gupfa, Rurabwe
iramubura, ikomeza kurira. Mugani yayiha ibyo irya ikabyanga, yayiha amata ikayanga