Uyu mugani bawuca, iyo babujije umuntu gukora iki n'iki agahinyura inama bamugiriye, ni ho
bagira bati: "Ibyo twamugiriyemo inama yabitaye i Burenga (yabyanze)." Wakomotse kuri
Ndungutse wari wigize umwami mu rwimo rwa Musinga; mu 1910 - 1912.
Mibambwe Rutarindwa bamaze kumutsinda ku Rucunshu, habayeho amakubitirane menshi mu
Rwanda; bamwe bayoboka Musinga, abandi baramugandira. Bamaze kwica Karara na
Baryinyonza bene Rwabugili, igihugu gicika umugongo bavuga ko bene Rwabugili bamazwe na
Kabare na mushiki we Kanjogera. Bigisakabaka Kabare yungamo atera Muhigirwa wa
Rwabugili watwaraga Nyaruguru n'u Buyenzi, na we aramwica. Muhigirwa, amaze gupfa,
umugabo Rwamanywa w'i Buliza (Kigali) wari umugaragu wa Muhigirwa agandisha u Buliza,
bwari bwaragabanywe n'umugore witwa Nyamashaza, murumuna wa Kanjogera nyina wa Musinga. Ubwo Abaliza bica Nyamashaza, bashorewe na Rwamanywa. Bahorera Muhigirwa.
Ubuyenzi na bwo bugandishwa na Rubindo rwa Rusine w' Umuhebyi wari umugaragu wa
Muhigirwa. Bamubwiye kujya kuyoboka ngo ahakwe na Kanjogera, arabasubiza ati: "Aho
guhakwa n'umugore namwinjira."