Insigamigani

Yabiguyemo urwuba

Page 1 of 3

Uyu mugani, bawucira ku muntu babonye yihwabana agakabyo k'urukumbuzi ngo yimare

nyirarigi (ipfa); niho bavuga ngo: "Yabiguyemo urwuba!" Wakomotse kuri Ruhashyampunzi

rwa Lyaba mu Kabagali (Gitarama); ahasaga umwaka w'i 1400.

Icyo gihe hari ku ngoma ya Cyilima Rugwe, hakabaho itegeko rivuga ngo: "Ntihazagire umuntu

uva mu rugerero adakuwe n'uwe; nka mukuru we, cyangwa murumuna we, cyangwa undi

bafitanye isano. Ubwo hariho umugabo Lyaba w'umuturagara, atuye i Murama mu Kabagali ho i

Gitarama, akagira umwana umwe w'umuhungu witwa Ruhashyampunzi. Lyaba amaze kuba

umusaza utakibasha kujya mu rugerero bene wabo bamurega ku mutware wabo w'ingabo. Uwo

mutware atumiza Lyaba amubaza igituma yanga kujya mu rugerero kubera ubusaza. Bene wabo

bamushinja ko afite umuhungu w'umusore witwa Ruhashyampunzi, bati: "Ni umusore ukwiye

kujya mu rugerero!" Lyaba aratsindwa, agenda ihutihuti ajya gusabira umuhungu we

amushyingira ikitaraganya, kugira ngo ajye mu rugerero.

Ruhashyampunzi amaze kurongora ajya mu rugerero i Gaharanyonga; ariko ubwo yasize

umugore amaze gusama inda.

Nuko Ruhashyampunzi aragenda, hashize amezi make umugore we abyara umuhungu.

Ruhashyampunzi amaze kubyumva ajya gusezera ku mutware w'urugerero kugira ngo ajye kwita

umwana izina. Umutware w'urugerero aramwangira. Amaze kumwangira, Ruhashyampunzi

arumirwa; ahera ko atuma kuri se ngo agerageze uko ashoboye kose amubonere umukura muri

bene wabo. Intumwa igeze kuri Lyaba agerageza bene wabo baramuhakanira. Atuma ku

muhungu we ko yagerageje uko ashoboye kose bikananirana akabura umukura. Intumwa igeze

kuri Ruhashyampunzi ivuga ubutumwa. Ruhashyampunzi arumirwa n'umubabaro mwinshi.

Page 1 of 3
Created by:
Published: December 03, 2025
Share: