Insigamigani

Umutima muhanano ntiwuzura igituza

Page 1 of 2

Uyu mugani bawuca iyo babonye umudabagizi w'umupfu mubisi akubwe n'ingaruka z'ibyo

yananiyemo gihana; ni bwo bavuga bati: "Umutima muhanano ntiwuzura igituza, nimurekere

iyo!" Wakomotse kuri Rugiramahe rwa Rujugira, ahagana mu mwaka w'i 1700. (Rugiramahe

uwo, bamwe bamwita Rwamahe cyangwa se Mahe gusa).

Cyilima Rujugira yari afite abana benshi, rubanda bise ijana rizira umusago, abatuhurana bahana

inka n'ingabo. Abo bana be barakundanaga cyane, ni cyo cyatumye rubanda babita abatangana.

Ubwo bari bafite mukuru wabo Rugiramahe. Bukeye Rujugira aramwubakira, amugira umutware

wa Mvejuru na Nyaruguru n'u Busanza bw'epfo n'u Bufundu, amaze kumugabira izo ntara uko

ari enye, amushyingira umukobwa wo muri Nyaruguru witwa Nyiramucyo. Atahirira kwa se.

Nuko igihe kirashyira kiragera, Rujugira amugabira inka zitwa Uburirima; nibwo bwarambye

kugera kuri Sebagangali n'umuhungu we Sendashonga. Mu bihe bya vuba (1940). Bukeye

Rugiramahe asezera kuri se ajya mu ngabo ze. Ageze yo aba umudabagizi utagira urugero

akubitiyeho no kuba umupfu mubisi; agumya gukangisha ko ari umwana w'umwami, ntiyibuka

ko ubwana bw'ibwami bwimukiye ubutware; dore ko umwana w'ibwami iyo yagabanaga

ubutware atakangishaga ko ari uw'ibwami, yatangaga imirimo y'ibwami nk'abandi batware bose.

Ariko we ararenga arayibagirwa: inkike, amakoro n'indi mirimo abatware batanga ibwami

biribagirana. Rugiramahe agakeka ko ubwo ari umwana w'ibwami nta cyo bizamutwara.

Ariko haciyeho iminsi abaka inkuke, bamaze kubura iza Rugiramahe bahera ko bamurega ko

yazimanye, abubakisha ibwami na bo bamurega ko inkike ye yasambutse, abakira ibicuba na bo

bamurega ko yabyimanye, kandi afite inka yagabanye zagemuraga ibwami. Ibirego bigeze kuri

Rujugira biramurakaza. Abatangana bene Rujugira bamaze kumva ko Cyilima arakariye mukuru

Page 1 of 2
Created by:
Published: December 03, 2025
Share: