Insigamigani

Ugiye i Buryasazi azirya mbisi

Kera habayeho umukobwa bamushyingira i Buryasazi. Nyirabukwe agize ngo aramuhereza isazi

yatetse, nyiramama wanjye aranga ngo iwabo ntibarya isazi.

Bukeye nyirabukwe yenda akabya ashyiramo isazi, arapfundikira atereka ku ziko. Ahamagara

umukazana we aramubwira ati « mwana wanjye, ngutwo utuboga twa sobukwe, uramenye

ntidushirire, ucanire neza, nguwo n'umunyu uze gushyiramo twe tugiye guhinga kure.»

Nuko nyirabukwe yegura isuka akurikira abahinzi mu murima. Wa mugeni aherako yegera iziko

aracanira. Isazi zimaze guhwana, igihe cyo gushyiramo umunyu kigeze, awushyiramo, ageze aho

yenda agati akozamo ararigata ngo yumve uko bimeze; akojeje ku rurimi, yumva biraryoshye.

Atereka akabya hasi akomeza gukozamo agati arigata; akabya kamaze guhora, araterura arumika ku munwa, rwumirana ubwo!

Nuko yigunga aho agakono kamubayeho ingunga! Igihe cy'amahingura kigeze, birashyira

nyirabukwe araza. Ageze mu rugo ahamagara umukazana we ati « mbe nyamwali.» Undi

yitabira mu gakono, ngo « HUUM.» « Ngwino unture.» « HUUM.» Nyirabukwe ageze aho

yinjira mu nzu asanga agakono kumiye ku mukazana we, aratangara ati «byakugendekeye bite?»

Undi abura icyo avuga. Nyirabukwe akamukuraho aragenda azana izindi sazi arateka, ashyiramo

umunyu, igihe cy'ikaraba kigeze, ntiyirirwa abaza umukazana, amuhereza amazi arakaraba, kuko

yari azi ko yavuye ku izima ! Nuko ashyira aho ngaho bararya.

Ngaho aho umugani wakomotse ngo « Ugiye i Buryasazi azirya mbisi!»

Created by:
Published: December 03, 2025
Share: