Insigamigani

Si we Kamara

Uyu mugani, bawuca iyo babonye umuntu wangirira gukora icyo abandi bazashobora; ni bwo

bagira, bati: "Si we kamara, nimumwihorere abandi bazarukemura". Wakomotse ku mugaragu

wa Muvunyi wa Karema witwaga Kamara; mu ipfa ry'Ibisumizi bya Ruganzu; ahasaga umwaka

w'i 1500.

Kamara uwo yabayeho ku ngoma ya Ruganzu Ndoli nyine; ari umugaragu wa Muvunyi wa

Karema (akaremajwe n'ibyuma mujya mwumva wari intwali mu Bisumizi). Yabyirukanye na44

byo; ibitero Ruganzu yateje byose, na we yabitabayemo; yari intwali nka ba shebuja.

Nuko ku gitero cya nyuma cya Ruganzu cyo mu Musaho wa Rubengera ari cyo yaguyemo

yishwe na Bitibibisi, umurambo we Ibisumizi birawuheka; bakagenda babwira rubanda ko

Ruganzu aberanye (arwaye). Ntibababwire ko yatanze, bamujyana iwe ku Mwugaliro (Kigeme --

Gikongoro). Bamutungukanye ku munyanzoga we Rusenge, na we bamubwira ko Ruganzu

arwaye. Rusenge abaha inzoga baranywa, bamaze gusinda havamo umwe mu Bisumizi, abwira

Rusenge ko Ruganzu yatanze. Rusenge yumvise ko shebuja yapfuye, agwa mu kantu

biramubabaza cyane; aca mu nsi y'urugo, hakaba igiti cy'umuvumu, akimanikamo arapfa.

Ibisumizi bigumya kumutegereza biramubura. Bamwe bararyama abandi basigara baraririye

umurambo wa Ruganzu. Mu gitondo babona Rusenge aho yimanitse. Bahera ko baremerwa

(bikorera) umugogo wa Ruganzu bawujyana i Rutare, barawutabaza (barawuhamba). Bamaze

kuwutabaza bashyira nzira, bataha ku Ruyenzi. Mu gitondo bafashamo, bataha mu Ruhango rwa

Mutakara na Nyamagana; bukeye bahava ku gasusuruko. Ubwo bajyaga kwa Ruganzu i Ruhasya

na Mara mu Busanza. Bageze mu Butansinda bwa Kigoma na Muyange bahura n'ingemu kwa

Ruganzu babagemuriye. Baricara baranywa. Bamaze gusinda havamo umwe, ati: "Kandi ba sha,

burya Rusenge aturusha ubugabo! Abandi, bati: "Kuki?" Ati: "Kuko twabyirukanye na Ruganzu

tukiri bato, akaduhaka, akaduha inka n'imisozi tugakira, none uwo yahaye inzoga akaba ari we

wamwiyahuriye tugasigara!" Ubwo bose batera hejuru bati: "Koko Rusenge aturusha ubugabo!"

Nuko bamaze kubyiyinjizamo, bajya inama y'uko babigenza, bati: "Nimwicemo amatsinda abiri;

rimwe rihagarare hakurya hariya i Kigoma, irindi rigume hano i Muyange, maze tujye duhurira

muri iki gikombe turwane twicane dushire. Inama barayinoza. Banywa za nzoga ihutihuti;

zimaze gushira, barambara, bararwana. Bageza hagati bagahagarara, itsinda rimaze gushogosha

rikivanga n'irisigayemo benshi, bakwongera bakitoranya bakarwana, bityo bityo, ku ndunduro,

abarimo Muvunyi na Kamara bamara abo babangikanye; hasigara icyo gice barimo. Nabwo

bongera kwicamo ibindi bice bibiri. Na none ikirimo Muvunyi na Kamara kimara ikindi.

Bongera kwicamo kabiri. Birongera biba kwa kundi. Noneho hasigara Muvunyi na Kamara

bombi basa. Muvunyi abwira Kamara, ati: "Ubu ngiye kwiyahura maze unsonge, nurangiza

utahe ujye kutubika!" Ubwo ariyahura. Kamara abonye shebuja yiyahuye amaze no kumusonga,

yanga kugenda asize intumbi za ba shebuja zandagaye aho; asanga birimo ububwa. Nuko

akoranya intumbi zose azihamba mu myobo y'inyaga yari aho, amaze kuzihamba na we

ariyahura, amaze gusaba umwe mu batwa b'insigarizi kumusonga. Uwo mutwa na we amaze

gusonga Kamara ariyahura, Ibisumizi bishira bityo. Ruganzu abikwa n'indorerezi zaje zigemuye.

Kuva ubwo rero uwo murimo w'ubutwari Kamara yakoze umubyarira ishimwe ryamamara mu

Rwanda; babona umuntu wangiriye gukora ikintu, bati: "Nakireke si we Kamara". Ubwo baba

bafatiye kuri Kamara umugaragu wa Muvunyi wahambye Ibisumizi akabimarira mu myobo.

Kuba Kamara = Gusumbya abandi ubushobozi.

Created by:
Published: December 03, 2025
Share: