Insigamigani

Nyakamwe ntavumba mu Bakara

Page 1 of 2

Uyu mugani bawuca iyo bigisha umuntu babuza kwihwanya mu batamurora., badahwanyije

ubumwe mu mishyikirano; niho bavuga bati : «Nyakamwe ntavumba mu bakara.»

Wakomotse kuri Nyakamwe ka Munyanya ku Ndiza (Gitarama), ahasaga umwaka w’i 1400.

Kera ababanda bamaze gutegeka i Nduga, Mashira umwami wabo yatuye ku Kigina cya Ndiza

no mu Kivumu cya Nyanza mu Busanza; akaba umupfumu rwamwa (umuhanga), hamwe na

mwishywa we Munyanya. Amaze kuba igihangange ku Ndiza no mu Busanza, agabira

mwishywa we Munyanya inyuma ya Ndiza; atura ku musozi witwa, Rugendabali. Bombi

barahakomera, kugeza igihe Abanyoro bateye u Rwanda; ni bwo Mashira yahaye ibwami insinzi

yo gutsinda Abanyoro.

Nuko Mashira aba aho, bukeye arapfa; hasigara umuhungu we Kibanda, na mwishywa we

Munyanya. Uwo muhungu we Kibanda, bukeye ava mu Kivumu cya Nyanza ajya guhiga ku

musozi wo ku Mayaga witwa Shali. Agezeyo agira ishya yica inyamaswa nyinshi. Ahigutse

ageze mu nzira, ajya mu rucucu (umusarane). Ahageze akandagira amabyi. Akebutse ku kirenge

ayabonye, agira isesemi, yari afite umuhoro w'urunana mu ntoke, ahera ko yica ikirenge kiriho

amabyi. Agiye gushinga arananirwa. Bahera ko baramuheka. Ageze mu Ngorongali arapfa.

Umurambo we bawuhamba ku karenge kitwa Kidaturwa; ubwo rubanda bavuga ko ari insinzi

y'ibwami yatumye Kibanda apfa.

Amaze gupfa, na Munyanya arapfa; ibwami bigarurira ibihugu Mashira yatwaraga; bigarurwa na

Mibambwe Mutabazi Sekarongoro.

Ibwami bamaze kwigarurira ibihugu Mashira yatwaraga, inyuma ya Ndiza hagabana umugabo

witwaga Gikara; atura ku musozi Rugendabali, aho Munyanya yari atuye, asenyera Nyakamwe

umuhungu wa Munyanya arahatura, n'abana be n'abuzukuru be; ngo yari afite umuryango

munini. Bene Gikara bamaze kuba umuryango mugari babita Abakara. Ubwo Nyakamwe na we

n'utwana twe bajya gutura mu Gitoki, barahakenera cyane.

Page 1 of 2
Created by:
Published: December 03, 2025
Share: