Insigamigani

Ntugahe umwana ngo uranguze

Page 1 of 2

Uyu mugani bawuca iyo babonye umuntu ugiye kwitsembaho utwe ngo akunde ashimishe uwo

aha; ni bwo bamubwira bamwigisha, bati: «Ntugahe umwana ngo uranguze!»

Wakomotse ku nama Rujugira yagiriye Sebutuku wo mu Bwanacyambwe, ahayinga umwaka w'i

1700.

Ku ngoma ya Cyilima Rujugira uwo mugabo Sebutuku wari utuye i Nduba mu Bwanacyambwe;

yashatse umugore babyarana abana b'abahungu batandatu; ntibagira umukobwa babyarana.

Abana arabarera, bamaze kuba abasore bose arabashyingira. Ngo yari afite amatungo menshi

n'abagaragu benshi.

Bukeye akoranya inshuti ze n'abavandimwe kugira ngo ahe abana be iminani. Bamaze guterana

ahamagaza abahungu be, n'abakazana baraterana, ahamagaza inka ze zose, n'abagaragu be

abigabagabanya abana be bose. Ntiyagira icyo yisigira: ari injyarurembo, ari ingaringari mu

matungo no mu bagaragu; byose aratsemba.

Abavandimwe n'inshuti ze babibonye baramubaza bati: «Cyose Sebutu! ko tureba utanze ibintu

byawe byose ntiwisigire na kamwe, wowe uzatungwa n'iki?» Ati: "Abana banjye bazantunga

nk'uko nanjye nabatunze; ati: Ko nabatunze ari batandatu, bo bazananirwa kuntunga ndi umwe?

Kandi ibyantungaga ari bo mbihaye nta na kimwe ngeruyeho?" Abandi bati: «Ngaha tuzaba

tureba uko bizagenda.» Bungamo bati: «Icyakora nibwo bwa mbere tubona ibi!» Barikubura

barataha; ariko bataha bamugaye.

Abana rero bamaze guhabwa iminani yabo muri byose, baraterana bajya inama y'uburyo

bazatunga se. Bemeranya ko bazajya bakuranwa ku bafatagihe n'amata n'ibindi byose bitunga

abantu.

Ubwo habanza mukuru wabo; atanga abafatagihe n'amata amutunga, ndetse n'imyaka n'amayoga

y'iminsi yose rugeretse! Babigira batyo bakuranwa kugeza ku muhererezi wabo. Bamaze

guhetura, haba hatahiwe mukuru wabo. Yiyibagiza amasezerano ya barumuna be yanga kohereza

ibitunga se.

Sebutuku ategereza ingemu araheba. Arahaguruka ajya kubaza icyatumye bamurangarana.

Arabateranya ati: «Mwangenje mute ko ngiye kwicwa n'inzara?» Abatanu bamubwira ko hari

hatahiwe mukuru wabo, bati: «Ni we wakurangaranye». Sebutuku amubaza icyabimuteye.

Umuhungu aramwihorera. Sebutuku abwira barumuna be ati: ”Nimumwihorere muntunge nzajya

kumurega ibwami.“ Abandi bati: “Nta bwo twamucaho ari we wari utahiwe!”

Page 1 of 2
Created by:
Published: December 03, 2025
Share: