Nuko Ntwaza avuye i Nyanza kwa Mashira, amaze iwe iminsi atabona inyama, amerwe
aramuturubika. Abwira umugore we, ati: "Wowe uba ino ntiwamenyera uwagira ikimasa
tukagwatiriza" Umugore aramuhakanira ati: «Nta ho ngitekereza».
Mu gitondo ngo hari umugabo wari utuye hakurya yo kwa Ntwaza, abaga inka y'ingumba kugira
ngo ayigure imyaka n'imitsama. Amaze kuyigusha abaguzi basesekara ari benshi, bagabagabana
inyama zirakamuka, hasigara ibirapfarapfa. Ntwaza ntakamenye ko ingumba yaguye!
Ku gasusuruko umugore we agana mu mihana begeranye. Ahageze asanga muturanyi wabo
yabaze; aza yiruka abwira umugabo we ati: «Mbese wamenye ko muturanyi wacu yabaze
ingumba?» Ntwaza ati: «Oya!» «Umugore ati: «Mbonye abaguzi bavayo» Ntwaza agenda yiruka
amasigamana; ariko asiga abwiye umugore we ati: «Ndazana uruhande nindubura nzane
igikenya!»
Aragenda ageze kwa muturanyi we asanga inyama zirashize, hasigaye umukenyure. Apfa
kuwugura ariko yivovota, atanogewe. Azihereza umwana we ati: «Shyira nyoko!» Umwana
arazijyana. Azigejeje imuhira; azereka nyina. Na we amuhereza umuhoro ngo ajye guca
amakoma. Umwana aragenda aca amakoma arayamuzanira. Umugore azishyiraho arazigaragura
aburamo umwijima n'impyiko (yari yaramenyereye kuzibona mu nyama zose bagiye guteka,
akabanza kuzotsa).
Azibuzemo arumirwa, ati: «Mwana wanjye se tubigenje dute, ko izi nyama zidafite shinge na
rugero!» Shinge yavugaga ni umwijima, naho rugero ni impyiko. Umugabo akarya impyiko,
umugore akarya umwijima bakabona guteka izindi; byari umuhango w'abakera; nta watekaga
inyama atabanje kwotsa.