Insigamigani

N'itabiye burya iba ishaka iyayo

Uyu mugani wamamaye mu Rwanda baca bagira ngo: "N’itabiye iba ishaka iyayo”, wadutse ku

ngoma ya Kigeli Rwabugili, ahagana umwaka w'i 1900. Ucibwa na Nyirakigeli Murorunkwere,

nyina wa Rwabugili nyine.

Kuri iyo ngoma Murorunkwere yatonesheje umugabo witwaga Seruteganya rwa Kivura, mu

Nkingo za Kamonyi aramukunda cyane. Yamutonesheje ari i Bumbogo bwa Mbilima (Kigali).

Seruteganya uwo yamaze gutona by'akadasohoka, rubanda bavuga ko yacyuye Murorunkwere.

Ubwo yaregwaga n'abakono bene wabo kuko yari umukonokazi, mwene Mitali mu Mataba ya

Ndiza. Abisengeneza be, abagore ba Rwabugili cyane cyane nibo bamushinjaga ko afite inda ya

Seruteganya.

Nuko Murorunkwere amaze kumva ko igihugu kimutera urubwa, atumiza umuhungu we

Rwabugili kugira ngo babonane amwereke ko adatwite. Intumwa ze ziba nyinshi kuri Rwabugili,

ariko we akirengagiza ayo magambo nyina amutumaho, kuko ayo rubanda bamubeshyeraga yari

yaramaze kuyagira ihame (imvaho).

Murorunkwere amaze kubona ko umuhungu we yamusuzuguranye amagambo, ahera ko ashaka

abantu aha inka y'imbyeyi, ayoherereza Rwabugili i Rwamaraba. Arabatuma ati: «Nimunshyirire

Rwabugili iyi nka: nimuyigeza i Rwamaraba, ntimuzatume inyana yayo iyonka, ati: «Nibucya

muzayijyane yonyine, inyana yayo muyisige ku icumbi ryanyu. Nimugera kuri Rwabugili

muzayimwereke. Nigumya kwabira, muzabone kuvuga ubutumwa, muti: “Murorunkwere

yadutumye ngo: Reba iyi nka igumya kwabira, harya ni uko itabona iyayo.”

Ubwo Murorunkwere yashakaga kumvisha ko yanze kumwitaba. Ati "Kandi muzamumbwirire

muti: Burya n'itabiye iba ishaka iyayo”. Abwira Rwabugili ko n'ubwo umuntu atabira, ariko

arusha inka gukunda umwana we: yabyivugagaho kuko Rwabugili atakigera aho ari.

Nuko intumwa za Murorunkwere ziragenda zisohoza ubutumwa, ziburangije zungamo ziti :

«Kandi Nyagasani ibuze iyayo irakuba; yamara gukuba ntibe igifite imbabazi!» Rwabugili

amaze kumva amagambo nyina amutumyeho, asubiza intumwa ze, ati : «Nimugende

mumumbwirire muti: «Inka iyo ibuze iyayo barayihadika, bakayitsindira igatora ikagumya

gukamwa ubusuri itagifite iyayo (ubwo yacyuriraga nyina ko yacyuwe na Seruteganya).

Intumwa za Murorunkwere zirahindukira zimubwira ubutumwa bwa Rwabugili. Murorunkwere

abyumvise agwa mu kantu. Ni kwo guhamagaza Seruteganya, amubwira amakuba barimo. Bajya

inama y'uko babigenza.

Batuma Nyilingango ya Nyagahinga kuri Nkoronko kuko yari inshuti ye, bati: "Genda ubwire

Nkoronko uti: Nuramuka ubwiye Rwabugili ko Murorunkwere adatwite araturimbura; ahubwo

genda umubwire ko atwite, kuko we nta cyo azamutwara."

Nkoronko aremera. Ahindukira yemeza ko Murorunkwere atwite. Rwabugili abyumvise ni ko

guteza Murorunkwere na Seruteganya watanyije inyana na nyina babatsinda i Mbilima na53

Matovu (Bumbogo).

Bamaze gupfa, iby'ikirirarira birayoberana, bamwe bakajya bagira bati: "Uzarizwa na

Nyiragikeli: n'urugori rw'ingoma nyiginya rwavuniwe kuri Mbilima rwaramvuweho indahiro!"

Created by:
Published: December 03, 2025
Share: