Uyu mugani wamamaye mu Rwanda, ucibwa n'umuntu umaze kugira intege nke, ni we babaza
iki n'iki atatunganije, ati: «Ndatega zivamo!»
Waturutse ku mugabo witwaga Ntambabazi ya Rufangura, mu Bitagata bya Muganza i Rukoma
(Gitarama), ahayinga umwaka w'i 1600.
Ntambabazi uwo yari umuzigaba; yimuka mu Bwanacyambwe i Ruhanga na Mbandazi, ajya
gutura i Rukoma mu Gishubi cya Muganza ahitwa mu Bitagata. Yari umutezi w'inyamaswa,
impu zazo akazijyana ibwami, cyane cyane iz'ingwe. Uwo mwuga Semugeshi arawumushimira
bituma amugororera; amugira umunyamuhango wo gutura impu z' ingwe.
Ntambabazi amaze kuba umunyamuhango, akoranya bene wabo arabibabwira, bose baba abatezi
b'ibwami. Aba umutoni cyane kuri iyo ngoma ya Semugeshi. Amaze gutanga, ariko Ntambabazi
akiri umutoni, hima Kigeli Nyamuheshera; yima Ntambabazi amaze kuba umusaza, na none
agumya gutura izo mpu z'ingwe, ariko ubutoni buragabanuka.
Bene wabo babonye ko atakiri umutoni bajya kumuhakanwa ibwami bashaka kugabana
ubutware bwe ndetse n’inka z'ibiti yagabanye hamwe n'ingororano yahawe. Batangira kwanga
kujya batega kugira ngo Ntambabazi nabura impu zo gutura ibwami, bizamuviremo icyaha cyo
kunyagwa.