Insigamigani

Kami ka muntu ni umutima we.

Page 1 of 2

Uyu mugani bawuca iyo babonye umuntu yiyemeje kwihitiramo icyo bamwe bamubuza; ni bwo

bagira bati:”Kami ka muntu ni umutima we, nimumwihorere”

Wakomotse kuri Muhangu wo mu Mvejuru (Butare); ahasaga umwaka w'i 1400.

Kuri iyo ngoma, hariho umugabo akitwa Muhangu, akaba umupfumu wa Mibambwe. Muri

ubwo bupfumu bwe, yari akubitiyeho n'ubutoni bunini kuri shebuja. Bukeye, umwe mu bagore

ba Mibambwe asama inda, imaze gukura Mibambwe ategeka abapfumu be kugisha, kugira ngo

barebe aho umugore we akwiye kuzabyarira.

Abapfumu bajyana imbuto y’uwo mugore bararagura. Abenshi bemeza ko akwiye kubyarira mu

Cyambwe (Musambira, Gitarama); Muhangu wenyine yemeza ko akwiye kubyarira mu Bitagata

bya Muganza (Kayenzi Gitarama).

Bavuye mu rugishiro (aho abapfumu bateranira baragura), baza kuvuga uburyo imana zagenze.

Bageze kuri Mibambwe bati: «Twese twemeje ko umugore wawe akwiriye kuzabyarira mu

Cyambwe; bati: «Keretse Muhangu wenyine, we yereje ko akwiriye kubyarira mu Bitagata bya

Muganza! Kubera ubutoni bwa Muhangu, bituma Mibambwe yemera mu Bitagata bya Muganza.

Nuko muka Mibambwe bamwohereza mu Bitagata kwaramirayo. Haciyeho iminsi, agiye ku nda

arananirirwa arapfa. Abapfumu bereje ko yabyarira mu Cyambwe baba boboneyeho urwaho rwo

kurega Muhangu wabarushaga ubutoni; dore ko nta muhakwa ukunda undi. Babwira Mibambwe,

bati: «Nta kindi cyishe umugore wawe; yishwe na Muhangu watumye ajya kwaramira aho

atereje!»

Mibambwe bimujyamo arabyemera, biramubabaza cyane. Inkuru igera kuri Muhangu, iwe mu

Mvejuru. Abyumvise arahambira n'abe n 'ibye, afumyamo aracika ajya i Burundi. Agezeyo akeza

umwami waho, aramwakira, amushyira mu bapfumu be. Muhangu aratona cyane, ndetse ngo

kurusha uko yari ameze mu Rwanda. Ubwo yari afite abana b'abadabagizi kuko bakuriye mu

bukire, ariko bagakunda guhakwa n'ibwami, ndetse ngo ntibiyibutse no gusezera ngo batahe.

Bukeye Muhangu arabyitegereza, asanga abana be nta cyo bazimarira; ni bwo abasezereje ubwe

barataha. Bamaze gutaha, na we arabakurikira abasanga iwe. Akigerayo arabatumiza ngo baze

kumwitaba. Bamaze kuhagera, atumiza abatoni be n'abagaragu b'irimenanda; bose baraterana

baba uruvange.

Page 1 of 2
Created by:
Published: December 03, 2025
Share: