Iyi mvugo abasheshe akanguhe bose bayibwiriramo abato ngo birinde isindwe. Muti «ese
yaturutse he?» Yakomotse ku nzoga Mucyurabuhoro wo ku Gasoro na Mutende yahaye ingabo
za Mibar:nbwe Sekarongoro, ahasaga umwaka wa 1400.
Mucyurabuhoro uwo yari umugaragu w'umunyanzoga wa Mashira, agatura ku Gasoro na
Mutende mu Nduga. Ubwo Mibambwe Sekarongoro arwanye n'Abanyoro, batangiye kurwanira
mu Kabusanza ka Runda na Gihara muri Rukoma.
Barakotana cyane, Abanyarwanda batirimura Abanyoro babageza i Nyagisozi cya Ngoma, mu
Mayaga ya Mugina, bagandika aho. Ngo baharwaniye amezi abiri. Abanyarwanda bari bateye
Abanyoro babaturutse inyuma, ni cyo cyatumye babatsindira mu Bwanamukali, ni na cyo kandi
cyatumye abasigaye muri icyo gice cya Butare ari inkomamashyi bitwa Indara; n'iryo jambo
ryamamaye mu Rwanda kugeza n'ubu bakigira bati «ni zo ndara izi.» Baba bacira umugani ku
Banyoro basigaye mu Rwanda.
Nuko Sekarongoro amaze kunesha Abanyoro umujugujugu umwe, bageze ku Gasoro na
Mutende, Abanyarwanda baragaruka, ni bwo uwo mugabo Mucyurabuhoro w'umunyanzoga wa
Mashira yumvise ko Sekarongoro n'ingabo ze bamaze gucumbika mu Mutende, akoranya abantu
abikoreza inzoga yari abikiye Mashira, bazishyira Sekarongoro n'ingabo ze.
Ngo akaba yari anamaze gukomereka.
Mucyurabuhoro amaze gutura izo nzoga, Sekarongoro abona ko nta cyo zamarira ingabo ze,
ategeka ko bavoma amazi menshi bakazifungura. Ingabo ze zikwira imihana, zisahura imivure,
basukamo za nzoga baranywa bagarura ubuyanja, babona gukomeza kurwana n'Abanyoro,
ndetse amaherezo barabanesha.
Nuko Mibambwe amaze gutsinda Abanyoro, atumiza Mucyurabuhoro ngo amushimire,
amugabira Mayaga n'inka zitwa Indorero. Kuva ubwo Mucyurabuhoro aba umugaragu we. Aho
umwami amariye kugarura Nduga yose, Mashira amaze gupfa, ibintu bye byose abigabira
Mucyurabuhoro, abikiriramo, abibyariramo; aratunga, aratunganirwa.
Guhera ubwo, abantu banywa inzoga nkeya y'ineza n'ituze, bati « twanyoye inzoga ya
Mucyurabuhoro, hanyuma turikubura, turataha.» Ubwo rero bakaba bagereranya iyo nzoga na ya
yindi Mucyurabuhoro yahaye Sekarongoro n'ingabo ze. Ariko kenshi na kenshi, bivugira gusa
ngo « twanyoye Mucyurabuhoro.»