Insigamigani

Inzira yabaye nyabagendwa.

Page 1 of 2

Uyu mugani baca kenshi ngo: «Inzira yabaye Nyabagendwa», bawuca bawerekeje ku nzira irimo

amahoro.

Wakomotse kuri Nyabagendwa wo kwa Nyiranzana mu Mashango ya Ndiza (Gitarama);

ahayinga umwaka w'i 1500.

Uwo mugabo Nyabagendwa yumvise ko Ndahiro ahaka neza bitewe n'uko Abanyanduga

bamuyobotse akabagabira inka ndetse n'imisozi, yibaza uko yabigenza ngo azamugereho. Agisha

inama umugore we, aramubaza ati: «Nzavana he umuntu wansohoza kuri Ndahiro uwonguwo?»

Umugore aramusubiza ati: «Numvise ko Abanyanduga bakunda ibirago kandi ngo bakabikundira

ukuri; nta muntu waho uzi kubiboha; none ngwino tubohe uturago tubiri twiza cyane, maze

uzadushyire Mpyisi ya Sagisengo i Gihinga na Ruzege, numara kutumutura, uzamusabe

kugusohoza kuri Ndahiro».

Nuko Nyabagendwa abwira umugore ati: «Kora aha!» Bahutiraho batangira uturago, umwe ake

undi ake, mu minsi mbarwa uturago turuzura. Nyabagendwa aduta ku mutwe, araboneza n' i

Gihinga na Ruzege kwa Mpyisi ya Sagisengo. Agezeyo asanga Mpyisi yenda kujya kwa

Ndahiro. Yiroha mu rugo aravunyisha, atura Mpyisi utwo turago. Undi aramushima, na we

arishima cyane kuko abonye ibirago byiza byo mu Mashango atabiguze; (dore ko ngo

byagurwaga ibimasa n'amagumba ) kandi akazabitungukana muri bagenzi be bateraniraga kwa

Ndahiro.

Nyabagendwa abonye Mpyisi yishimye, araterura ati: «Rero Mpyisi, naje kugusaba ngo

uzansohoze kuri Ndahiro.» Mpyisi ati: «N'ubu usanze ndi mu nzira zo kujyayo uze tujyane

nzagusohoza.» Bukeye bombi bashyira nzira barajyana. Mpyisi asezeranya Nyabagendwa ko

azaguma ku kiraro cye akamutunga.

Page 1 of 2
Created by:
Published: December 03, 2025
Share: