Uyu mugani bawuca iyo bacanirana amarenga y'inama yanogejwe; nibwo bagira, bati: «Ihuriro
ni i Huro».
Wakomotse ku nama, umugabo Muberamfura w'i Kigese na Mibilizi (Gitarama) yagiriye inshuti
ze: Rugango na Murego; ahasaga umwaka'i 1600.
Ubwo Mibambwe Gisanura, yari i Bumbogo bwa Huro h'i Mbilima; hanyuma yohereza
umuhungu we Mazimpaka gutura mu Nduga ngo ayiyobore binoze.
Ahaguruka i Ruganda ataha i Rwahi, bukeye ataha i Bugoba arahacumbika, nijoro ingoma
zirabikira, bukeye zirabambura. Igihugu cyumvise ingoma; kirakaka; baza kureba ibyabaye.
Bahageze basanga ari Mazimpaka mwene Mibambwe. Baratarama barahakwa, barararira
buracya ingoma zongera kubambura. Kuva ubwo uwo murenge wa Bugoba witwa Umugina
w'ingoma kugeza ubu.
Aho Mazimpaka ahagurukiye aho i Bugoba, ajya ku Ijuru rya Kamonyi ahatanga ibibanza,
arahubaka. Haciyeho iminsi, atanga abatware ba se batwaraga i Nduga; Kogoto w’i Nyakibungo
ku Mugina wa Jenda na Kabugondo, Kaza ka Nyabuseli w'i Gisitwe cya Gacurabwenge mu
Rukoma, Rugalyi rwa Bwacya i Buhanga; bapfana na Mpaka na Mpombo, na bo bari abatware
ba Gisanura mu Nduga.
Yabajijije imihigo yabo bajyaga bahigira se bamusanze i Bumbogo, bakamubwira ko bamurusha
inka nziza; arabatanga barimbukana n'urubyaro n'abatoni babo. Hasigara umutware umwe
witwaga Mugarura wari utuye i Kinyambi cya Rugalika h'i Runda, hasigara na rubanda rugufi
ruyoboka abatware bashya. Mu rupfu rw' abo batware, Kaza yari afite murumuna we witwaga
Rugango, Kogoto afite mukuru we witwaga Murego ; abo bombi baracika bihisha hamwe; i
Kigese na Mbiliza mu ishyamba ry'uruberanya rwa Gitogonyore ku mugabo w'umuci w'umunyu
witwaga Muberamfura.