Insigamigani

Hazakira Solyo

Page 1 of 3

Uyu mugani bawuca iyo babonye ibyago byadutse mu mbaga cyangwa mu muryango; ni bwo

bagira, ngo: «Hazakira Solyo!»

Wakomotse ku munyabugesera witwaga. Solyo; ahayinga umwaka w'i 1400. Ku ngoma ya

Cyilima Rugwe mu Rwanda n'iya Nsoro i Bugesera.

Ubwo hariho umugabo witwa Solyo; yari umuhondogo mwene wabo wa Nsoro, igikomangoma

cy'i Bugesera. Aho Cyilima amariye gutwara umugore wa Nsora witwaga Nyanguge (nyina wa

Kigeli Mukobanya), Solyo yavaga i Bugesera rwihishwa akaza kumusuhuza; kuko yari inshuti

ye cyane. Ndetse Abanyabugesera bakekaga ko ari umusambane we.

Nuko Solyo na Nyanguge bagumya kubana batyo muri urwo rwihisho. Bukeye Solyo aza mu

Rwanda gusura Nyanguge. Ahageze asanga baraguriza gutera u Bugesera. Solyo aganira na

Nyanguge biratinda. Bigeze aho Nyanguge abwira Solyo ko bagiye guterwa. Undi aramubaza

ati: «Ubwo se nabigenza nte ko Cyilima amaze kuturusha amaboko kandi ko azadutsinda!»

Nyanguge aramusubiza, ati: «Niba wemeye reka nzamugusohozeho aguhake, akwikirize! Solyo

aremera.

Igihe bakiganira Rugwe arinjira aricara. Aganira n'umugare we. Bigeze aho Nyanguge abwira

Rugwe, ati:"hano hari umuntu w'i Bugesera mwene wabo wa Nsoro ushaka kuguhakwaho."

Page 1 of 3
Created by:
Published: December 03, 2025
Share: