Insigamigani

Habaye imara

Uyu mugani Abanyarwanda bawuca iyo babonye ahantu hashize abantu ,cyangwa ibintu byari

bihijihije; ni bwo bagira bati: «Habaye imara».

Wakomotse ku musozi witwa Mara wo mu Busanza (Rusatira-Butare); ahasaga umwaka w' i

1500.

Ruganzu Ndoli yamaze kubunduka i Karagwe k' Abahinda kwa nyirasenge Nyabunyana agarutse

kubura u Rwanda, abiru bararumutambagiza, bamwereka rubanda, bababwira ko izina rye ry'ubwami ari Ruganzu. Rubanda bamwe baramwemera baramuyoboka, abandi ntibamwemera

baramugandira; bituma agomba kubayoboza igitsure.

Abanza kuyobokwa n'abasore b'i Byumba n'u Bwanacyambwe n'u Bumbogo, ariko na bo ari

bake, ni bo yaremyemo umutwe w'uburiza bw'ingabo ze zitwa Ibisumizi. Amaze kurema uwo

mutwe w'Ingabo ze abanza kujya kuyobora i Kinyaga; atsinda umuhinza waho witwaga Mukire

amukubise intorezo ye (ni yo yahoze ibwami yitwa Rwamukire) .

Nuko Ndoli amaze kuyobora i Kinyaga, aboneza mu Nduga atunguka i Mara na Ruhashya ho mu

Busanza (Butare); ahagera bwije, aho agiye gucumbika bamutera ibirago. Arambuka ajya i

Ruhashya gucumbikayo; bo baramwakira bamucanira indaro. Agumya kurambagira u Rwanda,

abasore benshi baramuyoboka binjira mu mutwe w’ingobo ze (Ibisumizi).

Abonye amaze kugwiza amaboko, yibuka uko wa musozi wa Mara wamugize; asubirayo kugira

ngo arebe ko bongera kwanga kumucumbikira. Agezeyo nanone banga kumucumbikira, ndetse

ngo bamubwira n'amagambo mabi cyane, bavuga ko atari mwene Ndahiro. Ndoli abibonye atyo

agaba Ibisumizi kuri Mara bararwana.

Ibisumizi biraharimarima biratsemba, ntihasigara n'uwo kubara inkuru. Amaze guteza Mara

itabi, ajya gutanga ibibanza i Ruhashya; ni rwo rugo rwe rwa mbere mu Rwanda. Amaze kubaka

i Ruhashya, aca iteka ko nta muntu uzongera gutura i Mara; ndetse ngo ntihazagire n'inka

ziharisha.

Nuko kuva ubwo haba igisozi, bakajya bahahamba abantu; bituma bakurizaho kuvuga ko aho

abantu n'ibintu byashize haba habaye imara (i Mara); Hongeye gutuzwa na Kigeli

Nyamuheshera, umwuzukuru wa Ndoli.

"Kugira ahantu imara = Kuhatsemba ibyari bihijihije."

Created by:
Published: December 03, 2025
Share: