Uyu mugani bawuca iyo babonye umuntu wisengeneza mu bishobora kumubyarira akangaru
zihinduye imirishyo; ni bwo bavuga ngo: «Bizamukoza ibara».
Wakomotse ku nka zitwaga Ikunge n'Inyenyeli, Semugaza yari yanyaze i Bunyabungo, ahagana
mu mwaka w'i 1800.
Yuhi Gahindiro yari afite umutoni we w'akadasohoka witwaga Rugaju rwa Mutimbo;
yamutonesheje se wabo Semugaza mwene Ndabarasa amaze kunesha bakuru be na barumuna be
bitwaga Ibigina bashakaga kurwanira ingoma. Ajya kubanesha barwaniye i Rubona rwa Gihara
(Runda, Gitarama). Baharwanira iminsi igeze kuri ine. Iz' ibwami na Semugaza n'ingabo ze
Urukatsa zirabatsinsura, zibageza ku Rugogwe rwa Kinyambi (ahitwa mu Nkoto yimiraga
ubushita bwishe Mibambwe Sentabyo).
Ubwo Urukatsa, ingabo za Semugaza zongera kubakubita inshuro ndende, zibageza ku Kivumu
cya Mpushi na Nyerenga (Nyamabuye, Gitarama), ho baharwaniye arnezi atandatu; hanyuma
Urukatsa rubambura ingoma babungeranaga bayivuza, ngo rubanda nimuvune umwami».
Nuko rubanda rugufi rumaze kumenya ko Gahindiro ari we mwami, rubavaho basigarwaho
n'abakomeye. Ibigina bimaze kubura iyo ngoma, bikajya bivuza induru bigira biti: «Rubanda
nimuvune umwami» ! Bamaze kuneshwa ni ho hadutse umugani uzwi na rubanda rwose, ngo:
«Induru ntirwana n'ingoma»
Ubwo Semugaza n' ingabo ze Urukatsa, bagumya guhashya Ibigiina, babigeza i Mwendo wa Kilyango mu Kabagali (Gitarama). Bamaze kuhabageza, rubanda bose babavaho;basigara
bonyine batagira kivuna Semugaza n'ingabo ze barahabatsinda; ni wo mugani ukivugwa kugeza
ubu ngo: «Yariguranuye nk'izi Mwendo!» Ubwo Semugaza atabarukana n'ingabo ze rubanda
babogeza, kuko yarwaniye umwana we, umuhungu wabo Gahindiro, bakuru be bashaka
kumwiba ingoma.
Semugaza amaze kunesha Ibigina, birengaho Rugaju amurusha ubuhake kuri Gahindiro na nyina
Nyiratunga. Ni bwo Semugaza acitse ajya i Ndorwa n'ingabo ze Urukatsa. Mw'icika rye, ibwami
bamukurikiranye, arabanesha yiturira i Ndorwa. Agezeyo yanga kuyoboka Gahaya. Gahaya
ashatse kurwana na we arabitinya. Semugaza yiha igice cy'i Ndorwa; ntiyayoboka Gahaya,
ntiyayoboka na Gahindiro. Ni bwo we n'ingabo ze, rubanda babise Abahebera banutse Gihara
bahebye amagara.