Uyu mugani, bawuca iyo babonye abaziranye basizanira ikintu rukabura gica,
bagakiranurwa n' ingobotsi itari nyirandakuzi, ni bwo bagira bati: «Bizakizwa na Mbuga»,
cyangwa «Barakizwa na Mbuga!»
Wakomotse ku mugabo wo mu Bwanacyambwe (Kigali) witwaga Mbuga; ahayinga umwaka w'i
1500.
Ku ngoma ya Yuhi Gahima habayeho abagabo babiri bangana urunuka, bakaba abagaragu ba
Mudende, watwariraga Gahima u Buhanga bwose n'ingabo zitwa Inzirabwoba; umugabo umwe
yitwaga Senkalishya, undi akitwa Rutanga; urwango rwabo rugakomoka ku ngabano z'ibikingi
bahawe na shebuja Mudende, bajya kumuburanira akababuza kuragira aho bapfa, ngo kugeza
igihe azagira kubakiranurira.
Nuko biba aho bityo, haciyeho iminsi Mudende aranyagwa, u Buhanga n'Inzirabwoba bigabanwa
n'uwitwa Ntabwoba. Amaze kugabana, arayobokwa ararabukirwa, ararundisha.
Haciyeho indi minsi, Senkalishya ajya kuregera Ntabwoba; ati: «Mu
dende agitwara namuregeye Rutanga ko andengera mu gikingi cyanjye nigabaniye, anyagwa
ataradukiranura, none nagusabaga ko watuburanisha ukadukiranura. Ntabwoba amaze kubyumva
aramubwira, ati:«Genda nzababuranisha numve nyir' igikingi uwo ari we. Rutanga abyumvise
aratanguranwa, ajyana inka y' imbyeyi ayitura Ntabwoba. Aramubwira, ati : «Ibyo Senkalishya
yakuregeye ni ibinyoma ati: «Ahubwo ibyo akangisha ni uko yari umutoni wa Mudende,
Ntabwoba abwira Rutanga, ati:«Genda ugumane ahantu hawe ntabwo nteze kuzababuranisha;
ati: «Niyongera kukundegera nzajya mwihorera».