Uyu mugani bawuca iyo babonye ibintu bimaze kuba ingombabagabo; ni bwo bavuga ngo
«Amagambo ageze iwa Ndabaga» cyangwa ngo: «Byageze iwa Ndabaga.!»
Bamwe batekereza imvano yawo ntibavuge amavu n'amavuko y'uwo Ndabaga; abandi ariko
bakavuga ko yali umukwobwa wa Nyamutezi mu Bwishaza (Kibuye); ahasaga umwaka w'i
1700.
Ndabaga uwo ngo yavutse ari ikinege; atagira uwo akurikira n'umukurikira., kandi yari
umukwobwa. Yamaze kuvuka akiri uruhinja, se ajya mu rugerero; ajyana n'abandi
banyabwishaza. Ndabaga akaba yarasigaranye na nyina, akura atazi se; akajya abaza nyina, ati.:
«Mbese ko ntajyra mbona data aba hehe ?» Nyina, ati: " Aba mu rugerero." Byatinda akwongera
kumubaza, ati: «Ariko se ni kuki data adataha ?» Undi ati: «N'uko adafite umwana w'umuhungu
wo kumukura, ntagire n'undi bava inda imwe ngo amukure; yagiye atarabyara umutabazi!
Noneho Ndabaga atangira kwiga imirimo ya gihungu: nko kurasa, gusimbuka, gutera icumu,