Insigamigani

Agenda nk'Abagesera.

Page 1 of 2

Uyu mugani, mu kinyarwanda bawuca iyo babonye umuntu uvuye mu bo bari kumwe

akanyonyomba adasezeye, ni bwo bavuga ngo: «Agenda nk'Abagesera».

Wakomotse ku munyabugesera witwaga Muganza, wiyahuye muri Cyohoha, i Bugesera (Kigali);

ahayinga umwaka w'i 1400, umwami w'i Rwanda Cyilima Rugwe amaze gucyura umugore wa

Nsoro Bihembe, witwaga Nyanguge nyina wa Kigeli Mukobanya, ari bwo mu R wanda

bahimbye umugani ngo : « Umwami uraguza yatsinze ubuguza" (bavuga ko Nsoro yahugiye mu

gisoro na we Rugwe agahora araguriza gutsinda u Bugesera )

Nsoro umwami w'u Bugesera yari afite umugaragu w'umutoni we akitwa Muganza. Bukeye u

Rwanda rumaze gutsinda u Bugesera, Muganza aracika;

acikira i Burundi. Ahageze bamufata nabi, ajya i Karagwe. Agezeyo na bo bamufata nk'i

Burundi, naho arahava.

Mu nzira agenda, ngo aribaza ati: « Mbigenje nte ! ko ninjya mu Rwanda bazanyica kuko nari

umutoni wa Nsoro! Apfa kwihangana asubira i Bugesera. Agezeyo, ahasanga umunyarwanda

wahagabanye witwaga Gasigwa, akoma yombi ati: Nyagasani mutware w'u Bugesera nje

kugukeza; uzandeme amaboko n' amaguru »

Nuko Gasigwa aramwemera. Muganza agumya kumuhakwaho kugeza igihe Gasigwa

amugabiriye inka z'imbyeyi eshatu z'umuriro. Amaze kuzibona yongera kwibaza. ati : « Ubu ko

ngiye guhakwa ibututsi kandi nari umugaragu w'ibwami, bizamera bite ? Ubwo yavugaga ko yari

umugaragu wa Nsoro.

Yegera Gasigwa, ararnubwira, ati:"Naragushimye kuko wampaye umuriro, none ndagusaba ko

uzansohoza no kuri Cyilima. Gasigwa abaza Muganza, ati: «Ese wabonye ko jye naguhatse

nabi?" Muganza ati: «Icyo mbigusabira ni uko wamungezaho nkishingana, kuko mu Bugesera

bampiga bavuga ko nari umutoni wa Nsoro. Gasigwa ati: «Nzamugushyikiriza».

Bukeye basanga Cyilima i Kigali. Bagezeyo, Gasigwa abwira Cyilima, ati: Nkuzaniye Muganza

uyu nguyu, wahoze ari umutoni wa Nsoro; yansabye kumukuzanira ngo mwibonanire ngo hari

icyo ashaka kukubwira».

Bahamagaza Muganza, Gasigwa aramusohoza, ati: «Nguyu Muganza wansabye ko

nzamukugezaho ukamushingana mu Bugesera, kuko bamwanga bamuhora ko yari umutoni wa

Nsoro». Rugwe yumvise ko Muganza yari umutoni wa Nsoro, biramushimisha; kuko namuhaka

akamutonesha azamuyoborera u Bugesera. Yari azi neza imico yabwo. Cyilima abwira Gasigwa

ati: «Taha na we Muganza turagumanye».

Page 1 of 2
Created by:
Published: December 03, 2025
Share: